USA: Umucamanza yavuguruje icyemezo cya Trump ku bimukira bo muri Mexique

Sangiza iyi nkuru

Muri Leta ya California, umucamanza yavuguruje umwanzuro wa Donald Trump, ubuza impunzi zituruka muri Mexique kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Uyu mucamanza, Richard Seeborg yavuze ko badashobora kurenga ku burenganzira n’ubuzima bw’abasaba ubuhungiro baturutse muri iki gihugu cy’igituranyi. Ibi yabivuze asubizaTrump wavuze ko abasaba ubuhungiro baba bagumye mu gihugu cyabo mu gihe bagitegereje kwemererwa, abageze muri Amerika bakaba basubiye iwabo.

Icyakoze Donald Trump na we abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yatangaje ko atishimiye uyu mwanzuro w’uyu mucamanza ngo kuko ‘udafasha Abanyamerika.’ Impamvu avuga atya ngo ni uko umubare w’abimukira bava muri Mexique urenze ubushobozi bw’abashinzwe abinjira n’abasohoka. Zimwe mu mpungenge agira harimo umutekano muke waterwa n’aba bimukira.

Mbere y’uko uyu mwanzuro uvuguruza Trump utangira gushyirwa mu ngiro ku wa gatanu, tariki ya 12 Mata, uyu mukuru w’igihugu afite uburenganzira bwo kujurira. Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru baravuga ko bitaramenyekana niba koko azajurira.

Iki cyemezo cya Trump gikumira abanya-Mexique kwinjira cyatangiye kubahirirwa muri California kuva muri Mutarama.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *