Libya: Loni iratabariza abimukira n’impunzi bafunze mu gihe imirwano ikomeje gufata intera

Sangiza iyi nkuru

Amashami y’Umuryango w’Abibumbye ashinzwe ubutabazi aratabariza ibihumbi by’impunzi n’abimukira bafungiwe mu magereza yo muri Libiya ari hafi y’ahabera imirwano, aho ubuzima bwabo busa n’uburi mu kaga.

Mu gihe umutekano mu murwa mukuru Tripoli ukomeje kugenda wangirika kubera imirwano irimo kubera mu nkengero zawo isatira mu mujyi rwagati, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, riratangaza ko abantu bagera ku 121 bamaze kuhasiga ubuzima, mu gihe hakomeretse hafi 600.

Capture 3

Iri shami rya Loni rikab ryemeza ko impunzi zisaga 1500 n’abimukira bafungiye muri gereza za leta I Tripoli. Bwana Babar Baloch, Umuvugizi wa OMS akaba yabwiye VOA dukesha iyi nkuru ko ahangayikishijwe n’umutekano w’izi mpunzi n’abimukira mu bice biri kuberamo intambara.

Umuryango w’Abibumbye wo ukaba usaba abayobozi ba Libya kudasiga izo mpunzi n’abo bimukira muri izo gereza kandi impande zihanganye zikamenya ko abo bantu bakwiye kurindwa hagendewe ku mategeko mpuzamahanga.

5cc66b67dfb9456492e8e7851c4816a0 18
Bamwe mu bimukira mu kigo bari bafungiyemo muri Libya mu 2016 File: Manu Brabo/AP

Imirwano iri kubera mu nkengero z’amajyepfo ya Tripoli yatangijwe muri uku kwezi na Gen Khalifa Haftar wafashe ingabo ze mu majyepfo agashoza intambara ku murwa mukuru ashaka kuwigarurira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *