Mu rugo rwa Omar al-Bashir wahoze ari Perezida wa Sudani hafatiwe imifuka ipakiyemo akayabo k’amafaranga akoreshwa ahantu hatandukanye none yatangiye gukorwaho iperereza ku byaha by’iyezandonke nk’uko byatangajwe n’abashinjacyaha kuri uyu wa Gatandatu.
Inzego zishinzwe umutekano zikaba zasanze mu rugo rwa Bashir Amayero, Amadolari n’amafaranga akoreshwa muri Sudani yose hamwe akaba asaga miliyoni 130 z’Amadolari cyangwa miliyoni 100 z’Amayero.
Amakuru yaturutse mu butabera agera kuri Reuters avuga ko hafashwe imifuka irimo amadolari miliyoni 6,7. Amayero miliyoni 5,2, ndetse na miliyari 5 z’Ama-pounds ya Sudani angina na miliyoni 105 z’Amadolari yose yasanzwe mu rugo rwa Bashir.
Amakuru kandi yemeje ko Bashir arimo gukorwaho iperereza, aho abashinjacyaha bagomba kumuhata ibibazo ari muri Gereza ya Kobar yabaye acumbikiwemo.
Ifoto ya Radio Dabanga igaragaza abashinzwe umutekano bahagaze imbere y’imifuka ya kilo 50 ipakiyemo amafaranga. Umushinjacyaha mukuru kuri uyu wa Gatandatu nimugoroba yavuze ko Bashir arimo gukorwaho iperreza ku iyezandonke nyuma yo gufatira aka kayabo k’amafaranga mu rugo rwe.
Ku itariki 11 Mata nibwo imyigaragambyo y’abaturage yatangiye muri Gashyantare yarangije ubutegetsi bwa Omar al-Bashir yari amazeho imyaka isaga 30. Gusa imyigaragambyo yo irakomeje mu gihe ubutegetsi butarasubizwa abasivili kuko bufitwe n’Inama ya gisirikare.
Omar al-Bashir kandi ashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kubera ibyaha by’intambara byakorewe muri Darfur. Gusa iyi nama ya gisirikare iyoboye igihugu by’agateganyo yemeza ko itazamwoherereza uru rukiko ahubwo azaburanishirizwa mu gihugu.


