Trump yiyemeje gukura Amerika mu masezerano mpuzamahanga ajyanye n'icuruzwa ry'intwaro

Sangiza iyi nkuru

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko azakura iki gihugu mu masezerano mpuzamahanga ajyanye n’icuruzwa ry’intwaro (Arms Trade Treaty).

Aya masezerano ahuriweho n’ibihugu 130, yashyizweho umukono mu mwaka wa 2013 n’uwo yasimbuye Barack Obama, agamije gushyira gahunda mu bucuruzi bw’intwaro hagati y’ibihugu.

Ishyirahamwe rya Amerika rijyanye no gutunga intwaro rivuga ko ayo masezerano ari ukugenzura gutunga imbunda ku isi, kandi ko abangamiye uburenganzira bwo gutunga imbunda bukubiye mu itegekonshinga ry’iki gihugu.

Ubwo yavugiraga mu nama ngarukamwaka y’iri shyirahamwe yaberaga i Indianapolis ku wa Gatanu tariki ya 24 Mata 2019,  Trump yavuze ko azasaba sena ya Amerika kutemeza ayo masezerano.

BBC itangaza ko Amerika ari cyo gihugu cya mbere ku isi kigurisha intwaro nyinshi mu mahanga. Ikigero cy’intwaro igurisha mu mahanga kirutaho 58 ku ijana (58%) icy’intwaro zigurishwa n’Uburusiya buri ku mwanya wa kabiri ku isi mu kugurisha intwaro nyinshi.

Trump yagize ati “Turibuze gukuraho umukono wacu”. Yongeyeho ko umuryango w’abibumbye, ONU, vuba aha uzamenyeshwa ko Amerika yikuye muri ayo masezerano.

Itangazo ryasohowe n’ibiro bye bya White House nyuma y’ijambo rye, rivuga ko aya “masezerano ananirwa gucyemura by’ukuri guhererekanya intwaro bitagize icyo byitayeho” kuko ibindi bihugu biri mu bya mbere mu gucuruza intwaro ku isi birimo Uburusiya n’Ubushinwa bitayashyizeho umukono.

Abategetsi ba ONU babwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko mbere ONU itari izi ko Bwana Trump afite gahunda yo gukura Amerika muri uwo muryango mpuzamahanga w’ubucuruzi bw’intwaro. Imiryango itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu yamaganye ibyavuzwe na Bwana Trump.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *