Maj. Gen. Mugisha Muntu wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo za Uganda kuri ubu akaba abarizwa ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, yaburiye ishyaka NRM riri ku butegetsi aribwira ko rigomba kwitegura ibimaze iminsi biba mu bindi bihugu, aho abaturage bahagurutse bakirukana ku butegetsi abaperezida muri Sudani no muri Zimbabwe .
Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yabwiye ishyaka NRM riri ku butegetsi kuva mu 1986, kurekeraho gukomeza guta igihe ryibasira abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi ahubwo rikitegura impinduka muri politiki avuga ko ari nta gisibya.
Yavuze ko Guverinoma ya Uganda ikwiye kwigira ku mpinduka ziherutse aho abaturage mu bihugu bitandukanye bya Afurika bahagurutse bagakuraho ubutegetsi bwari burambiranye.
Ibi Gen Muntu yabitangaje kuri uyu wa Kabiri ku cyicaro cy’ihuriro rishya ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi , ANT (Alliance for National Transformation) ahitwa Bukoto, mu nkengero za Kampala.
Yagize ati: “ Iyo igihe cy’impinduka kigeze ntushobora kugihagarika. Abari ku butegetsi bakwiye kuba bategura uko guhererekanya ubutegetsi kuzakorwa. Turatekereza ko bagomba kuba bareba ibiri kuba muri Sudani na Zimbabwe ,”
Nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga, Gen Muntu yavuze ko inkubiri y’impinduka muri Afurika idashobora guhagarikwa n’uwo ari we wese cyangwa itsinda ry’abantu n’ububasha baba bafite bwose.
Yakomeje avuga ko gutoteza Dr Kiiza Besigye, uherutse gusohorwa mu kiganiro kuri radio n’abashinzwe umutekano, ndetse n’itabwa muri yombi rya Depite Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) ari uburyo guverinoma irimo gukoresha mu kugerageza kwitambika izo mpinduka.


