Umuyobozi mu ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, Mu Ntara ya Gitega, Komini Bugendana arashinjwa gufata abagore n’abakobwa ku ngufu. Ihuriro ry’abagore rikaba risaba ko yava ku buyobozi agakurikiranwa.
Ntahonsigaye Deo asanzwe ari umuyobozi wa Zone ariko akaba ari n’umuyobozi ukomeye muri CNDD- FDD, ngo akaba yarafashe ku ngufu umukobwa muri zone ayobora, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize .
Ihuriro ‘Abakenyererarugamba ‘ rigizwe n’abagore n’abakobwa babarizwa mu ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi, bahagurukiye rimwe basaba ko ubuyobozi bwo hejuru bwavana Deo ku buyobozi, bamushinja ihohotera rishingiye ku gitsina, bagashimangira ko rimaze gufata indi ntera muri iyi Komini.
Umwe mu bayobozi baganiriye na SOS Medias Burundi, yagize ati “Abaturage bamuguye gitumo nibo bampaye inkweto ze n’ipantalo”. Umwe mu Bakenyererarugamba ati “Ni ikimwaro ku ishyaka riri ku butegetsi, turasaba ko ava ku buyobozi”.
Ntahonsigaye yari asanzwe atungwa agatoki ashinjwa ibyaha birimo guhutaza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, guta muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko abatavuga rumwe na Leta,…


