RDC: Batatu bakomeretse abandi baburirwa irengero mu mirwano yahuje FARDC na ADF

Sangiza iyi nkuru

Abantu batatu bakomeretse abandi benshi baburirwa irengero kuri iki Cyumweru, mu mirwano yahuje ingabo za Congo, FARDC, n’inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF mu giturage cya Batonga cyo muri groupement ya Banande-kainama muri Kivu y’Amajyaruguru no muri Sheferi ya Banyali-Tchabi muri Ituri.

Nk’uko bitangazwa na Sosiyete sivile yo muri iyi groupement ya Banande-Kainama, ngo igiturage cya Batonga cyasahuwe n’inyeshyamba za ADF ziracyeza. Imirwano ngo ikaba yari ikomeje no mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, itariki 05 Gicurasi.

Perezida w’iyi sosiyete sivile yo muri Teritwari ya Beni, Bienfait Baraka, ngo ingabo za FARDC zamaze umunsi wose zihanganye n’inyeshyamba za ADF zari zifite ibikoresho bihagije.

Iyi nkuru dukesha radio Okapi irakomeza ivuga ko abasivili bakomeretse bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Tchabi.

Umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sokola 1, Major Mak Hazukay, yemeje iby’iyi mirwano ariko ntiyatanga imibare y’abayiguyemo.

Yashimangiye ko igitero cyo muri Batonga cyagabwe n’inyeshyamba za ADF baherutse gukubitira ahitwa Tchabi muri Ituri. Izi nyeshyamba ngo zikaba zageragezaga gusubira inyuma muri Kivu y’Amajyaruguru zivuye mu giturage cya kainama maze ingabo za Congo zirabitambika.

Hagati aho amakuru ava muri sosiyete sivile aravuga ko igiturage cya Batonga cyashizemo abaturage bahunga imirwano.

Ni mu gihe bivugwa ko abantu 50 bamaze gushimutirwa mu bitero bya ADF kuva kuwa gatatu ushize, itariki 01 Gicurasi muri Sheferi ya Banyari Tchabi, mu majyepfo ya Teritwari ya Irumu. Abarwanyi batanu ba ADF kandi nabo ngo bahasize ubuzima nk’uko byemezwa n’umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Lt. Jules Ngongo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *