Impunzi z’abarundi zo mu nkambi ya Lusenda muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ziravuga ko zirimo kujyanwa ku rugamba ku ngufu n’ingabo za Congo ngo zibafashe mu mirwano iki gisirikare gihanganyemo n’imitwe itandukanye.
Izi mpunzi zivuga ko zihangayikishijwe n’imirwano ibera mu misozi ikikije iyi nkambi ya Lusenda. Ziremeza ko mu bantu bahanganye muri iyo mirwano harimo ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe itandukanye yitwaje ibirwanisho y’Abanyekongo n’Abarundi.
Iyo mirwano ikomeje guhungabanya umutekano w’impunzi mu Nkambi ya Lusenda irabera mu misozi iyegereye nka Kabembwe, Rutabura, Mugono na Mugorore. Impunzi zikaba zivuga ko rimwe na rimwe ziba inzirakarene z’iyi mirwano kuko bamwe muri zo batotezwa bashinjwa kuba intasi. “ Hari nk’umunyeshuri witwa Jonathan wakubiswe n’abasirikare kuri Lycee Nundu. Aba baramurashe, ariko amasasu afata mugenzi we w’Umunyekongo .”
Izi mpunzi kandi nk’uko iyi nkuru dukesha RPA ivuga, zihangayikishijwe n’izo ngabo z’u Burundi zivugwa muri iki gice. Ziragira ziti: “ Abanyekongo bazibonye (Ingabo z’u Burundi) ziza bemeje ko ari ingabo z’u Burundi. Zari mu mato abiri aturuka mu gace ka Ubwari. Baguze ibintu bimwe mu isoko rya Lusenda bakomeza inzira yabo bagana mu misozi ituranye n’inkambi. Ibi biduyete ubwoba cyane .”
Izi mpunzi zikomeza zivuga ko zidashobora kujya mu mirimo yazo ya buri munsi hanze y’inkambi zitinya kwinjizwa mu gisirikare. Bati: “ Impunzi zifite ubwoba bwo gusohoka mu nkambi ngo zijye guhinga. Abanyabiraka, nk’abagabo n’abasore bahitamo kuguma mu rugo kubera ko bakunze gufatwa n’abasirikare ba Congo bakajyana nabo ku rugamba .”
Izi mpunzi z’Abarundi zo mu Nkambi ya Lusenda, iherereye muri Kivu y’Amajyepfo mu kilometero kimwe gusa uvuye ku Kiyaga cya Tanganyika gitandukanya u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, zirasaba HCR kuzishakira ahandi hantu hatekanye yazimurira kure y’umupaka w’u Burundi na Congo.


