Abantu cumi na batandatu baguye mu mirwano hagati ya FARDC n’inyeshyamba hatatangajwe umutwe zikomokamo mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’iki gihugu nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri.
Akarere kabereyemo imirwano biravugwa ko ari nako kapfiriyemo abagera ku 160 mu gihe abandi babarirwa mu bihumbi amagana bahunze mu byumweru bibiri bishije.
Umuvugizi wa gisirikare, Lt Jules Ngongo yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko ibitero byagabwe ku birindiro by’abo barwanyi mu Murenge wa Walendu Pitsi muri Teritwari ya Djugu.
Sosiyete sivile yo muri aka karere yo iravuga ko mu bantu bishwe harimo abasivili bane bishwe na FARDC ahitwa Sesedu, indi mirambo itatu ikaba yarabonetse muri centre ya Kpandroma.
Ku ruhande rw’ingabo za Congo kandi ngo hapfuye abantu batandatu barimo ba Lieutenant Babiri na ba sergents bane nk’uko bitangazwa na Radio Okapi.
Igisirikare cya Congo ariko kirinze kwemeza iyi mibare kivuga ko ibikorwa bya gisirikare bikomeje kandi imibare itari yaboneka neza.


