Igisirikare cya Congo, FARDC, kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Kamena kigaruriye ishyamba rya Wago, ryari indiri y’abantu bitwaje intwaro muri Teritwari ya Djugu, mu Ntara ya Ituri.
Biravugwa ko ingabo za Congo zigaruriye aha hantu nyuma y’imirwano ikaze yaguyemo abantu 19 barimo inyeshyamba 16 n’abasirikare bal eta batatu nk’uko imibare yatangajwe n’umuvugizi w’igisirikare muri Ituri, Lt Jules Ngongo, ivuga.
Lt Ngongo avuga ko FARDC yanigaruriye ibiturage bisaga 10 byari byarigaruriwe n’abo bantu bitwaje intwaro muri Teritwari Djugu na Mahagi.
Uburyo bwose bwarakusanyijwe ngo abo bantu bitwaje intwaro bakurwe mu birindiro byabo. Kajugujugu zikaba zarifashishijwe mu kurasa ibyo bice ndetse hanoherezwa ingabo ku butaka.
Lt Jules Ngongo yongeyeho ko intego ari ukugarura ububasha bwa leta muri ibyo bice byari byarigaruriwe nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.
Amakuru aturuka aha ariko aremeza ko nubwo izo nyeshyamba zatatanye zishobora kugerageza kongera kwisuganya zikongera kugaba ibitero ku bindi biturage byo muri Teritwari ya Djugu.
Ngo hakaba hashize iminsi ibiri FARDC itangije intambara ku birindiro bitandukanye by’inyeshyamba ku gasozi ka Wago kari indiri yazo..


