Bumbogo: Abambuwe isambu ku bwa Burugumesitiri bamaze imyaka 21 basiragizwa

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo mu Mudugudu wa Birembo na Gisasa, ho mu Kagari ka Ngara, Umurenge wa Bumbogo, mu Karere ka Gasabo, bavuga ko hashize imyaka 21 batarahabwa ingurane ku butaka bwabo bavuga ko bwubatswemo bayoborwa na Burugumesitiri.

Aba baturage bavuga ko Rutabagirwa Faustin wari Burugumesitiri yabanyaze ubutaka, abwubakamo imidugudu bizezwa kuzishyurwa, uko imyaka igenda ishira ikibazo cyabo bakagigeza ku buyobozi ariko ntibugire icyo bubafasha.

N’ubwo batifuje ko imyirondoro yabo imenyekana, uyu yagize ati “Umuyobozi Rutabagirwa Faustin yaraje ashinga imambo tugiye kubona tubona arubatse, bahashyize ibibanza ngo ni imidigudu, twaramubajije tuti ‘Ese twe turabaho dute turi abaturanyi?

Undi na we ati “Ndibuka ko mu nama ubwo twamubazaga ikibazo cy’aya masambu yacu yadusubije ngo aya masambu yanyu tuyakasemo imidugudu kugira ngo bariya bantu tubakure mu cyaro, tubegereze umuhanda, ati mwebwe mwitonde, nitumara kubaka aya mazu tuzabaha ingurane”.

Kuva icyo gihe, aba baturage baganiriye na Flash Tv bavuga ko buri muyobozi wese bagize amahirwe yo kugezaho iki kibazo, yagiye abizeza ko kigiye gukurikiranwa ariko na n’ubu amaso akaba yaraheze mu kirere.

Ati “Baratubwira ngo turimo tubikora, bazabasubiza ubutaka bwanyu nta kibazo, bigera aho uwo Burugumesitiri avuyeho, hajyaho abayobozi b’Imirenge, buri muyobozi wese w’Umurenge wajyagaho twamubwiraga ikibazo cyacu, ubwo twabaga twarahereye hasi mu Mudugudu n’ Akagari, tukabaza tukabura igisubizo”.

Bavuga ko hari n’umudepite bagejejeho iki kibazo yabasuye, na we abizeza ubuvugizi ariko ntiyabikora, ubu bakaba bavuga ko bahabwa ingurane y’ubutaka cyangwa mu mafaranga ariko bakabarirwa bagendeye ku gaciro kabwo muri iki gihe.

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen avuga ko iki kibazo atari akizi, ati “Ko njye batari babimbwira, ntabyo nzi ahubwo ubwo ungiriye neza reka mbikurikirane menye uko bimeze”.

Impungenge ni zose kuri aba baturage mu gihe bashimangira ko hari ababuhawe basubiye inyuma bakabugurisha, ndetse ko ubwo hakorwaga ibarura bagiye bagaragaza ikibazo bufite, basaba ko butabarurwa ku babutujwemo, ariko ntibyahabwa agaciro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *