Nibyo, ndemeza ko ADF ari umutwe w’iterabwoba – Perezida Tshisekedi

Sangiza iyi nkuru

Perezida Felix Tshisekedi, wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ku mugaragaro ko ADF ari umutwe w’iterabwoba uteye ikibazo ku Banyekongo kandi ufitanye imikoranire n’umutwe wa Islamic State. Ni mu kiganiro yahaye RFI na France 24 kuri uyu wa Gatandatu  ari muri Katanga.

Iki kiganiro biravugwa ko cyabereye muri etage ya kane y’inyubako ikoreramo Intara ya Katanga, aho Perezida wa Congo yasubije ibibazo byose by’abanyamakuru Christophe Boisbouvier na Marc Perelman.

Perezida wa Congo yemeje isano iri hagati ya ADF na Islamic State agira ati: “ Nibyo, ndemeza ko ADF ari umutwe w’iterabwoba, wa kisilamu, mubi kandi kuri twe Abanyekongo ..”

Yongeyeho ko bakurikije amakuru bafite, Abarwanyi ba ADF nabo binjiye mu murongo w’ingengabitekerezo yigishwa na Islamic State.

Iyi nkuru dukesha urubuga Politico.cd ikaba yibutsa ko Islamic State imaze kwigamba ibitero bibiri ku butaka bwa Congo. Guverinoma ya Congo ikaba iherutse gusinyana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika amasezerano y’ubufatanye mu kurwanya iterabwoba.

Perezida Tshisekedi yakomeje abwira RFI na France24 ati: “ Dufite ubufasha bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko n’ubw’ibihugu byose bigize Umuryango Mpuzamahanga wo kurwanya iterabwoba. Congo iwurimo kuva nanyura I Washington ..”

Guverinoma ya Congo kuva icyo gihe ngo ikaba yaratangije ibikorwa byo kurwanya ADF nyuma y’ibwicanyi bwakorewe abasivili benshi muri Bunia na Djugu, mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *