CAFCL 2019/2020: Rayon Sports isezerewe rugikubita

Sangiza iyi nkuru

Rayon Sports yari ihagarariye igihugu mu irushanwa ry’Afurika ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo, CAF Champions League izerewe na Al Hilal yo muri Sudani.

Ku mukino wo kwishyura wabereye i Khartoum muri Sudan, aya makipe yombi yanganyije 0-0, amahirwe asigarana Al Hilal Omdurman yanganyije na Rayon Sports 1-1 mu Rwanda.

Igitego cyo hanze ni cyo gihaye iyi kipe yo muri Sudan amagirwe yo gukomeza irushanwa.

Umukino wabanje wabaye ku wa 11 Kanama, ubwo Michael Sarpong yahaga ibyishimo abafana ba Rayon Sports ku munota wa19 w’umukino ariko Nazar Hamid Nasir wa Al Hilal ku munota wa 26, icyizere gisa n’ikiyoyotse.

Amahirwe Rayon yari ifite kuri uyu mukino wo kwishyura, yari ayo gutsinda cyangwa se ikanganya nibura yatsinze igitego (kuko byari kuyihesha amahirwe yo gukomeza umukino). Byari kuyibera amahire iyo inganya ibitego birenze kimwe kuko byari guhita biyihesha itike yo gukomeza irushanwa, Al Hilal igasezererwa.

rayo
Aba ni bo bakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rwa Rayon Sports

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *