Abantu 13 bishwe abandi batatu barakomeretswa mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 17 Nzeri 2019, n’abantu bataramenyekana mu gace ka Ngadu, Teritwari ya Ituri, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Radio Okapi itangaza ko aba bagizi ba nabi bari bitwaje intwaro bityo bakaba bahagabye igitero ahagana saa tanu z’ijoro, bamwe baricwa, abandi barakomereka ariko banagerageza guhunga, mu gihe izi nyeshyamba zanasahuraga.
Abaturage bavuga ko agace kabo katageramo abasirikare ba Leta(FARDC) bityo ko umutekano wabo utarinzwe. Abishwe bakaba barimo abana barimo n’ufite imyaka iri munsi y’ Umunani
Ni abana 10 bishwe n’abantu bakuru batatu, abandi bantu batatu bakaba bakomeretse, barimo kuvurwa.
Aba bantu bataramenyekana ngo bari bitwaje intwaro zirimo imbunda n’iza gakondo, bakaba barasahuye amatungo arimo inkoko n’ihene.
Kubera impungenge z’umutekano wabo, abaturage bakaba bavuye mu byabo bahungira mu duce twegereye aka kagabwemo igitero, bagasaba igisirikare cya Leta kubarindira umutekano.
Amakuru aturuka muri Teritwari ya Djugu, avuga ko naho hishwe abantu bagera kuri 16, abandi batanu barakomereka. Radio Okapi ikaba itarabasha kuvugana n’umuvugizi w’ingabo za FARDC muri Ituri ngo agire icyo avuga kuri iki gitero.


