Mu Gushyingo uyu mwaka nibwo amatora ateganijwe muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump akaba ari ku isonga mu Ishyaka ahagarariye, akaba avuga ko Umukandida Hillary Clinton uhagarariye ishyaka rya abademokrate ko akangisha igitsina avuga ko ariwe mugore wa mbere ugiye kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Nk’uko ibitangazamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zibivuga ngo Donald Trump yavuze ko Hillari Clinton yirata avuga ko ariwe mugore ugiye kuyobora, akomeza avuga ko usibye kwishyira imbere avuga ko ari umugore, usibye nibyo ngo ntabwo akwiriye no kuba umunyamabanga usanze.
Abategarugori bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntibanejejwe n’amagambo Trump zavuze anenga Hillary Clinton bafata nko gusebya abagore muri rusange, “aho Trump avuga ko Hillary abaye umugabo atabona n’ibice bitanu ku ijana”.
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko abarenga mirongo irindwi ku ijana batishimiye Donald Trump.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com


