Ifoto (screenshot) y'ubutumwa bwa Sadate yageneye ubuyobozi bwa FERWAFA

Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’akanya gato ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rishyize ahagaragara ibihano bitatu bikakaye Rayon Sports yahawe izira kwivana mu irushanwa ry’Ubutwari, umuyobozi w’iyi kipe, Munyakazi Sadate asabye komite nyobozi y’iri shyirahamwe kwegura.

Ni ubutumwa Munyakazi Sadate yanditse ku rubuga rwe rwa Twitter agira ati: “Ubuyobozi bwiza bushingira ku cyizere ufitiwe nabo uyobora, iyo bagutakarije icyizere inzira nziza ushobora guhitamo ni UKWEGURA, ntago wayobora abantu batakubonamo icyizere niyo mpamvu mpamya ko iyi nama ariyo nziza ku buyobozi Bwa FERWAFA, Mu kuri nta crédibilité ugifitiwe,,,,” gusa nta gihamya kigaragaza ko hari aho buhuriye n’imyanzuro Rayon Sports yafatiwe.

Rayon Sports yahawe ibihano bitatu birimo: kutitabira irushanwa ry’Ubutwari mu 2021, gutanga ihazabu y’300,000 RWF, kudategura no kudakina imikino ya gicuti mu Rwanda ndetse na mpuzamahanga mu gihe cy’umwaka. Abiganjemo abakunzi bayo bagaragaje ko nta shingiro ingingo za 12 na 60 zifite nk’uko Komite Nyobozi ya FERWAFA yabitangaje ngo kuko zakabaye zigira ingaruka no ku yandi marushanwa nk’Igikombe cy’Amahoro.

Andi makuru ku bihano byafatiwe Rayon Sports: https://bwiza.com/?Rayon-Sports-yahawe-ibihano-bitatu-izira-kwivana-mu-irushanwa-ry-Ubutwari

Ifoto (screenshot) y'ubutumwa bwa Sadate yageneye ubuyobozi bwa FERWAFA
Ifoto (screenshot) y’ubutumwa bwa Sadate yageneye ubuyobozi bwa FERWAFA

Soma Izindi Nkuru

16 Responses

  1. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
    Ahubwo wowe Sadate ukwiriye kwegura ahubwo FERWAFA yoroheje rwose sinzi icyo mwikanze ntandangagaciro mugira

    1. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
      Ahubwo se kuki bayihannye bucyeya, Emille yarabivuze byumvikana nabi ariko Rayons wagirango igira abandi bayiha amabwiriza batifuriza urwanda icyiza.

    2. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
      Ahubwo se kuki bayihannye bucyeya, Emille yarabivuze byumvikana nabi ariko Rayons wagirango igira abandi bayiha amabwiriza batifuriza urwanda icyiza.

    3. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
      Wowe Frank wifitemo ikibazo,FERWAFA turayamaganye,nibiba ngombwa no mumuhanda tuzajyamo baboneko kwibohora bidasabwa ahubwo biharanirwa,Imana yatwambukije inyanja itukura ntizabura kutwambutsa iyi nyabarongo y’ibiziba,burya si buno mubimenye.

    4. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
      Wowe Frank wifitemo ikibazo,FERWAFA turayamaganye,nibiba ngombwa no mumuhanda tuzajyamo baboneko kwibohora bidasabwa ahubwo biharanirwa,Imana yatwambukije inyanja itukura ntizabura kutwambutsa iyi nyabarongo y’ibiziba,burya si buno mubimenye.

  2. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
    Ahubwo wowe Sadate ukwiriye kwegura ahubwo FERWAFA yoroheje rwose sinzi icyo mwikanze ntandangagaciro mugira

  3. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
    Ariko uziko wakangisha ubwinshi bw’abafana ugatuma abantu bagendera muri INDISCIPLINE???? Iyo umunya agaciro k’igikombe cy’intwali wari no gukinisha ikipe ya kabiri ariko mugakina. Sinumva ukuntu abakinyi babiri batuma musuzugura igikombe cy’intwali!!! Ibyo mwari mwarabishoboye kubwa Degaule kuko mwivumburaga akabasaba imbabazi. Harageze aho nawe bagufatira ibihano byihariye kuko ubuyozi bubi aho bwatugejeje si heza.

  4. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
    Ariko uziko wakangisha ubwinshi bw’abafana ugatuma abantu bagendera muri INDISCIPLINE???? Iyo umunya agaciro k’igikombe cy’intwali wari no gukinisha ikipe ya kabiri ariko mugakina. Sinumva ukuntu abakinyi babiri batuma musuzugura igikombe cy’intwali!!! Ibyo mwari mwarabishoboye kubwa Degaule kuko mwivumburaga akabasaba imbabazi. Harageze aho nawe bagufatira ibihano byihariye kuko ubuyozi bubi aho bwatugejeje si heza.

  5. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
    Kuki buri gihe twe aba rayon tujya mumakosa adafite aho ashingiye,none c ntitwakoze amakosa yo kwivana mugikombe cyintwari? Sadate egura ari woe niwoe nyirabayazana.
    Muziko duheruka ubuyobozi bwiza kubwa Murenzi Abdallah? iyo myumvire namatiku ntibwikwiye gukomeza.kuturanga.

  6. Perezida wa Rayon Sports arasaba ubuyobozi bwa FERWAFA kwegura
    Kuki buri gihe twe aba rayon tujya mumakosa adafite aho ashingiye,none c ntitwakoze amakosa yo kwivana mugikombe cyintwari? Sadate egura ari woe niwoe nyirabayazana.
    Muziko duheruka ubuyobozi bwiza kubwa Murenzi Abdallah? iyo myumvire namatiku ntibwikwiye gukomeza.kuturanga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *