bitmap_800_nocrop_1_1_20250216185842479583_IMG-20240623-WA0022

Bukavu: Abantu 6 bagizwe intere n’ igitero cy’ abantu babateye bitwaje intwaro

Sangiza iyi nkuru

Abantu batandatu bo mu muryango umwe bakomerekejwe bikomeye mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa mbere, ubwo abagabo barenga 12 bitwaje intwaro bagabaga igitero ku rugo rwabo ruherereye mu mudugudu wa Ndendere, muri komine ya Ibanda, umujyi wa Bukavu.

Nk’uko byatangajwe n’abatangabuhamya, abo bagizi ba nabi binjiye ku ngufu mu rugo rw’umuryango wa Mâcha Balemba, uzwi ku izina rya “le Noir”, bahita batangira gukubita no gutoteza abagize urwo rugo.

Nyuma yo kubakorera iyicarubozo, babasahuye amafaranga menshi, ibikoresho by’agaciro birimo zahabu, telefoni ngendanwa ndetse n’ibindi bikoresho bifite agaciro. Bamwe mu barokotse icyo gitero barashwe amasasu, abandi bakomeretswa n’imipanga ndetse n’imyambi, ubu bose bakaba barimo kuvurirwa mu bitaro mu buryo bwihutirwa kubera ibikomere bikomeye.

Iyi nkuru yababaje benshi, ikongera gucengera ubwoba mu mutima w’abaturage ba Bukavu, aho umutekano ukomeje kuzamba umunsi ku munsi.

Lubala Nicolas, perezida w’ihuriro rya Nouvelle Dynamique de la Société Civile (NDSCI) mu ntara ya Sud-Kivu, yavuze ko ibintu bigeze ahakomeye:

Ati: “Nta joro rishira hatabaye igitero ku muryango runaka. Abaturage babayeho mu bwoba bukabije, batazi uwo bareba ngo abafashe. Ibi ntabwo byakomeza kwihanganirwa.”

Yamaganye bivuye inyuma umutekano muke uri gukaza umurego muri Bukavu no mu nkengero zaho, ndetse asaba inyeshyamba za AFC-M23 ziri gufata umujyi, gutanga umutekano ku baturage n’ibintu byabo.

Sosiyete sivile nayo yasohoye itangazo rigira riti: “Iki gitero ni ikimenyetso gikomeye cy’uko abaturage ba Bukavu batakigira uwo babariza. Bumva baratereranywe, mu gihe urugomo n’ubugizi bwa nabi bibaye ibisanzwe mu buzima bwabo bwa buri munsi.”

Ubuyobozi bw’igihugu, ingabo, ndetse n’inzego z’umutekano zirahamagarirwa gufata inshingano zo kurinda abaturage no guhangana n’ubu bwicanyi buri guhitana inzirakarengane buri munsi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *