Minisiteri y’Ubuzima yatangaje kuri uyu wa 17 Werurwe 2020 ko mu Rwanda hagaragaye umurwayi wa 8 wa Coronavirus.
Nk’uko bigaragara mu itangazo, ni umugabo w’Umurundi ufite imyaka 35 y’amavuko. Yageze mu Rwanda kuri uyu wa 16 Werurwe aturutse i Dubai yerekeza mu mugi wa Bujumbura mu Burundi.
Akigera ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe, yapimwe n’abaganga asanganwa ibimenyetso bya Coronavirus.
Kuri uyu wa 16 ni bwo hari hatangajwe abantu babiri basanganwe Coronavirus, biyongeraga kuri batanu bari bamaze gutangazwa mbere. Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) catangaje ko abagaragayeho iki cyorezo bari kwitabwaho n’abaganga mu kigo nderabuzima cya Kanyinya kandi ko ubuzima bwabo bumeze neza.



