U Bushinwa bushyigikiye igisirikare cya Zimbabwe gishaka guhirika Perezida Mnangagwa

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka muri Zimbabwe avuga ko Visi Perezida w’iki gihugu, Rtd. Gen. Constantino Chiwenga amaze iminsi agirana ibiganiro n’abayobozi b’Ingabo za Repubulika y’u Bushinwa barimo Gen. Li Zuocheng, bakaba bahaye uburenganzira igisirikare cy’igihugu bwo guhirika ubutegetsi bwa Emmerson Mnangagwa binyuze mu nzira y’amahoro.

Uyu Gen. Zuocheng ayoboye Komisiyo Nkuru ya Gisirikare, CMC (Central Military Commission). Avugwaho kuba inyuma y’umugambi wo kweguza uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe, nyakwigendera Robert Mugabe, mu Gushyingo 2017.

Igitangazamakuru Spotlight cyo muri Zimbabwe kuri uyu wa 17 Nyakanga cyatangaje ko abantu (sources) bayatangaje bizewe kuko barimo uri hafi ya Gen. Chiwenga ndetse n’abahagarariye u Bushinwa baganiririye muri Pretoria/ Afurika y’Epfo, gusa nta n’umwe watangarijwe amazina.

Kuva mu Gushyingo 2019, Gen. Chiwenga agiye kwivuza mu Bushinwa inshuro ebyiri, ubu aracyariyo, akaba ari gufashwa cyane na Gen. Zuocheng. Mu Kuboza 2019 kandi, uyu musirikare yakiriye ubutumire bwaturutse mu biro bya Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping binyuze muri Ambasaderi wungirije muri Zimbabwe, Zhao Baogang. Ibi bisobanuye ko kuva icyo gihe amaze kugera mu Bushinwa inshuro eshatu.

Iki gitangazamakuru kivuga ko Gen. Chiwenga atagenjwe na kamwe muri izi gendo zose, kuko hazamo n’ingingo yo kweguza Perezida Mnangagwa ushinjwa kunanirwa kuyobora neza Zimbabwe kuva yajya ku butegetsi mu Gushyingo 2017. Ku butegetsi bwa Mnangagwa, ntabwo ubukungu bwa Zimbabwe bwigeze buzamuka, abasesenguzi bakaba bavuga ko bwazambye kurushaho muri iki gihe cya Covid-19.

Imyiteguro yo kweguza Perezida Mnangagwa isa n’iyamaze kunozwa. Ugomba kuyobora inzibacyuho ni Gen. Chiwenga, Guverinoma ye ikazafashwa n’u Bushinwa mu bushobozi bwose burimo n’ubw’amafaranga. Ikindi kandi, aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo mu 2023.

Mu bigaragara, Perezida Mnangagwa yagiye ku butegetsi hari bamwe batabyishimiye. Ubwo yiyamamarizaga kuba Umukuru w’Igihugu nyuma y’amezi arindwi ayoboye inzibacyuho, muri Kamena 2018, yatewe igisasu ari muri Sitade ya Bulawayo arokoka urupfu. Gusa abarimo Gen. Chiwenga, umugore we, Marry Chiwenga, Visi Perezida wa Kabiri, Kembo Mohadi n’abandi bakomeye mu ishyaka rya Zanu PF barahakomerekeye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *