U Rwanda rwaguze imashini zitanga umwuka 60, rurateganya izindi 200

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Ngamije Daniel kuri uyu wa 21 Nyakanga 2020 yatangaje ko u Rwanda rufite ibyuma 60 bifasha abarwayi guhumeka bizwi nka ‘Ventilators’ ndetse rukaba ruteganya ibindi 200.

Yabitangarije mu kiganiro Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente yagiranye n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, ubwo yabazwaga ukuntu u Rwanda rwiteguye gukemura ikibazo cy’izi mashini mu gihe byaba bibaye ngombwa ko umubare munini w’abarwayi ba Covid-19 uzikenera nk’uko byagaragaye mu bindi bihugu.

Izi mashini 60 u Rwanda rufite ubu ni izo rwaguze, ndetse ruteganya kugura izindi 100 nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ubuzima. Yatangaje ko kandi hari izindi 100 ruzahabwa n’abaterankunga.

Mu bindi bijyanye no gukomeza kubaka ubushobozi bwo kwitegura guhangana n’icyorezo cya Covid-19, PM Dr. Ngirente yatangaje ko: “Ibitaro byo mu Rwanda bya leta n’ibyigenga bifite ubushobozi bwo kwakira abanduye Covid-19.”

Ikindi kandi, u Rwanda rwavuye kuri laboratwari imwe yo gupima iki cyorezo, ubu rukaba rufite zirindwi. Izo laboratwari ziri: mu karere ka Rwamagana, Rusizi, Nyagatare, Kirehe, Rubavu, Huye ndetse no mu Bitaro Bikuru bya gisirikare biri i Kanombe mu mujyi wa Kigali.

Abamaze kwandura Covid-19 mu Rwanda kuva rwagaragaramo iki cyorezo tariki ya 14 Werurwe ni 1629, mu bipimo 214,000 byafashwe nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 20 Nyakanga. Muri bo hamaze gukira abantu 838, abakirwaye ni 786, abapfuye ni batanu.

Minisitiri Dr. Ngamije yatangaje ko kuva icyo gihe, abarwayi babiri b’iki cyorezo ari bo bongerewe umwuka hifashishijwe izi mashini.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *