Ikipe y’igihugu Amavubi yaraye itsinze irusha ikipe ya Grenada ibitego 4-0 mu mukino wagaragayemo amasura mashya mu Ikipe y’igihugu Amavubi.
Imbere y’abafana barenga ibihumbi mirongo ine bari bitabiriye uyu mukino, batashye bishimye nyuma yo kubona umukino unogeye ijisho.
Mu bakinnyi 11 babanjemo ku ruhande rw’u Rwanda harimo abavandimwe Joy-Lance Mickels na Leroy Jacques Mickles bari bakiniye Amavubi ku nshuro ya mbere.
Amavubi yatangiye yataka maze igitego cya mbere kiboneka ku munota wa kabiri w’inyongera w’igice cya mbere, gitsinzwe na Leroy Jacques Mickles ahawe umupira na Kwizera Jojea.
Joy-Lance Mickels umwe mubikinyi bashya bitabiriye iri rushanwa yashimiye abafana baje kubashyigikira
Ati: Ni iby’icyubahiro gukinira muri sitade y’igihugu cyacu, umukuru w’igihugu yaje kudushyigikira. Nishimye cyane ku ntsinzi tubonye, ndashimira abaje kudushyigikira bose, umutoza wacu ntacyo atakoze ngo twitegure neza.
Mugenziwe Leroy Jacques Mickle ati: “Mwakoze cyane kuza kudushyigikira, ndashima n’amahirwe nahawe yo kuza gukinira Igihugu nubwo yaba umunota umwe nakina ariko byanshimishije.”
Hakim Sahabo we yishimiye igitego yatsinze ati: “Gutsinda igitego imbere y’abafana bangana gutya ni ibyishimo cyane kuri njye, iyi ntsinzi twayigezeho kubera urukundo abafana batweretse. Abakinnyi bashyashya nabo bakinnye neza, buri wese yabonye uko bitwaye mu kibuga icyo navuga ubu ntakindi, abafana mwese mwaje kudushyigikira ndabakunda
Stephen Constantine asubije Abanyarwanda mu bihe by’ibyishimo. Ubwo yatozaga u Rwanda muri 2014 yatsinze imikino ibiri abanyarwanda batajya bibagirwa, ya Libya na Congo Brazzaville, mu rugamba rwo gushaka itike ya CAN 2015.
Kuri iyi nshuro, ku mukino we wa mbere kuva agarutse i Kigali, Constantine n’Amavubi baraje neza Abanyarwanda, banyagira Grenada ibitego 4-0 mu Itsinda A rya FIFA Series 2026. Ni umukino kandi warebwe na Perezida Paul Kagame.
Umukino w’umwanya wa gatatu uzatangira Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba ku wa Mbere, hagati ya Kenya na Grenada.
Imikino ya FIFA Series 2026 iri kubera i Kigali izakomeza ku Cyumweru hasozwa iyo mu Itsinda B rikinira kuri Kigali Pele Stadium, aho Macau na Tanzania bizahatanira umwanya wa gatatu naho Liechtenstein na Aruba bigakina umukino wa nyuma.
Imikino yo ku munsi wa nyuma wa FIFA Series yimuriwe amasaha. Kenya na Grenada bizakina Saa Kumi, aho kuba Saa Kumi n’ebyiri, naho u Rwanda na Estonia bikine Saa Moya n’Igice aho kuba Saa Tatu z’Ijoro.
Amafoto



