Rusesabagina yavuze ko yafashwe yari azi ko agiye mu Burundi ku butumire bwa Pasiteri

Sangiza iyi nkuru

Paul Rusesabagina watangiye igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo, tariki ya 15 Nzeri 2020 yatangaje ko yatawe muri yombi yari azi agiye mu Burundi mu nama z’amatorero yatumiwemo n’umupasiteri.

Rusesabagina yabitangarije mu kiganiro yagiranye The New York Times kuri uwo munsi, avuga uko yisanze ku kibuga cy’indege cya Kigali, i Kanombe avuye ku i Dubai muri Leta y’Ubumwe bw’Abarabu.

Yatangarije iki gitangazamakuru ko tariki ya 29 Kanama yasohotse mu ndege, asanga azengurutswe n’abasirikare b’u Rwanda. Icyo gihe ni bwo yamenye ko atari mu Burundi, ahubwo ari mu Rwanda.

Gusa nta byinshi Rusesabagina yabivuzeho mu kiganiro yagiranye n’iki gitangazamakuru cyo muri Amerika.

Nk’uko byatanbajwe mbere, umuryango wa Paul Rusesabagina uba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika wavuze ko yavuye mu rugo tariki ya 27 Kanama 2020, uwo munsi ngo ni nawo baherutse kuvugana atarafatwa. Ntiwamenye ahandi yerekeje.

Gusa mu kiganiro Radio Ijwi ry’Amerika yagiranye na Faustin Twagiramungu usanzwe ari Umuvugizi w’ihuriro mpuzamashyaka rya MRCD Ubumwe, yavuze ko yamenye ko Rusesabagina yari afite ingendo muri Afurika. Bivuze ko igihugu cyo muri Afurika yari kugenderera cyaba ari u Burundi nk’uko yabitangaje.

Urwego rw’u Rwanda rw’Ubugenzacyaha (RIB) tariki ya 31 Kanama 2020 rwerekanye uyu musaza w’imyaka 66 y’amavuko, tariki ya 6 Nzeri, Perezida Kagame wagiriraga ikiganiro kuri RBA, ahishura ko uyu musaza yafashwe yizanye mu Rwanda.

Ibi byashimangiwe kandi n’Umunyamabanga Mukuru wa RIB, Rtd. Col. Jannot Ruhunga, wavuze ko koko uyu Rusesabagina usanzwe ari Visi Perezida w’ihuriro mpuzamashyaka ya MRCD Ubumwe yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Kigali.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *