Inama y’Ubutegetsi y’umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu wa Amnesty International muri Canada (ishami ry’Icyongereza), kuri uyu wa 21 Nzeri 2020 wagize impunzi y’Umurundikazi, Ketty Nivyabandi Umunyamabanga Mukuru wawo mushya.
Ubusanzwe Ketty w’imyaka 42 y’amavuko yagiye muri Canada mu 2015 ku bw’umutekano we atari yizeye. Ni umusizi wigeze no kuba umunyamakuru, akaba yifashisha impano ye avuganira ikiremwamuntu.
Lana Verran uyoboye iyi Nama y’Ubutegetsi yemeje ko muri iki gihe uburenganzira bw’ikiremwamuntu bukeneye kurwanirirwa muri Canada no ku Isi yose, cyabaye igihe cyiza cyo gutoranya Ketty Nivyabandi nk’umuyobozi mushya.
Yizeye kandi ko bitewe n’ubunararibonye Ketty afite, azabasha kuzuza inshingano yahawe neza. Ati: “Umurava we, kumwikanisha ibitekerezo n’ubunararibonye bimugira umuyobozi dukeneye muri iki gihe.”
Amnesty, ishami rya Canada, ivuga ko Ketty yaharaniye uburenganzira bw’ikiremwamuntu, abagore aho yagiye abakorera ubuvugizi, kuva akiri mu Burundi mu 2015.
Amnesty ivuga ko mbere y’uko ajya mu buhungiro muri Canada, yagiye ahohoterwa n’abapolisi, icyo gihe yayoboraga imyigaragambyo y’amahoro y’abagore, igamije gushaka impinduka mu gihugu cy’u Burundi.
Ketty yayoboye anategura imyigaragambyo y’amahoro mu 2015

Ngo uretse no mu Burundi kandi, Ketty yagiye ashyigikira imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore muri Syria, Yemen, Myanmar, Cameroon na Sudani y’Epfo.
Ketty yishimiye icyizere yagiriwe n’Inama y’Ubutegetsi ya Amnesty, ati: “Nishimiye kuba nagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Amnesty muri Canada. Binteye ishema kuyobora uyu muryango ukomeye uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Amnesty igendera ku ndangagaciro nari nsanzwe mparanira.”
Ketty Nivyabandi agiye gusimbura Alex Neve wari umaze imyaka irenga 20 ayoboye iri shami. Biteganyijwe ko tariki ya 10 Ukuboza 2020 ku munsi wahariwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ari bwo Neve azahererekanya ububasha na Ketty.


