Intambara y’Ibihugu byo muri Aziya byahoze mu Bumwe bw’Abasoviyete; Armenia na Azerbaijan irakomeje aho buri kimwe ubu cyishimira gusenya intwaro karundura z’ikindi zirimo ibimodoka by’intambara n’indege.
Azerbajain yasohoye videwo igaragaza ingabo zayo zitwika imodoka ebyiri z’intambara za Armenia, mu gihe Armenia nayo yatangaje ko yasenye intwaro z’umwanzi bahanganye zikubye izo inshuro nyinshi.
Armenia yo yigamba gusenya imodoka z’intambara 80, indege 49 zitagira abapilote (drones) ndetse za kajugujugu; byose bya Azerbaijan, ikaba yaraye ibikoze kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Nzeri 2020.
Kuva tariki ya 27 Nzeri 2020, ibi bihugu birapfa agace ka Nagorno Karabakh gasanzwe gaherereye muri Azerbaijan, kakaba kiganjemo abaturage bakomoka muri Armenia kuko buri ruhande ruragashaka. Ni agace kateje amakimbirane ku mpande zombi mu myaka igera kuri 30 ishize.
Armenia yamaze gufata aka gace iifite icyizere cyo kukagumana mu gihe Azerbaijan nayo yizeye kugasubirana, cyane ko yemerewe ubufasha na Turukiya nka kimwe mu bihugu bizwiho kugira igisirikare gikomeye.
Perezida Recep Erdogan uyoboye Turukiya yihanangirije Armenia, ayisaba kurekura Nagorno Karabakh mu mahoro. Biravugwa ko igihugu cye cyamaze kohereze indege z’indwanyi zo mu bwoko bwa Falcon zizwi nka F-16.
Hari impungenge ko n’u Burusiya bushobora kohereza ingabo zabwo zigafasha Armenia, bitewe n’uko bisanzwe bifitanye umubano mwiza. U Burusiya kandi bufite ibirindiro by’ingabo muri Armenia.
Intambara irakomeje hagati ya Armenia na Azerbaijan
Azerbaijan barigamba gutwika imodoka z’intambara za Armenia

