Umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara uvuga ko tariki ya 26 na 27 Nzeri 2020 warwanye n’inzego z’umutekano z’u Burundi hamwe n’Imbonerakure, leta ihatakariza byinshi.
Uyu mutwe uvuga ko muri urwo rugamba rwabereye muri Komini ya Kabarore mu Ntara ya Kayanza na Komini ya Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke, n’abarwanyi bawo batatu bakomeretse.
RED Tabara ikomeza ivuga ko impamvu ikomeje intambara mu Burundi, igamije kunyomoza Perezida Ndayishimiye, ngo: “Wirengagiza ukuri ku muti w’ibibazo bya politiki byaranze u Burundi kuva mu 2015” waboneka byiciye mu nzira y’amahoro.
Muri iri tangazo uyu mutwe umaze gushyira ahagaragara, uhamagarira ibihugu bituranye n’u Burundi n’ibyo mu Karere gufata ibyemezo, bikagira n’uruhare rwo kugaruramo amahoro, bikurikije amasezerano y’Arusha.
Uyu mutwe utanze iri tangazo nyuma y’iminsi ine Perezida Evariste Ndayishimiye abwiye itangazamakuru ko nta mitwe yitwaje intwaro itera u Burundi, kuko ngo iyo iba ihari, aba ahura nayo akayibona. Yongeyeho ko utavuga ngo wateye igihugu utafashe na Komini.


