Minisitiri w’Ubutabera wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, William Barr, kuri uyu wa 9 Ugushyingo 2020 yategetse ko hakorwa iperereza ku matora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba.
Ni nyuma y’aho Donald Trump watsinzwe na Joe Biden bari bahanganye cyane, amaze kuvuga inshuro nyinshi ko yibwe amajwi muri leta zimwe na zimwe.
Minisitiri Barr yategetse abanyamategeko ba leta ko “bajya gukora iperereza ku bitemewe bivugwa bishobora kugira ingaruka ku byavuye mu matora, niba hari ibimenyetso byumvikana byabishimangira.”
Yahaye za leta tariki ya 8 Ukuboza nk’iya nyuma yo kuba zamaze gukemura ibibazo by’amatora mu gihe byaba birimo, noneho abagize inteko y’abatora (members of electoral colleges) nabo bagahura tariki ya 14 Ukuboza, bafata umwanzuro ku kuri baba baramaze kubona.
Gusa nk’uko igitangazamakuru The New York Times cyabitangaje, iki cyemezo cya Minisitiri Barr cyakuruye umwuka mubi mu ishami rishinzwe gukurikirana ibyaha bikorerwa mu matora, gituma umuyobozi waryo, Richard Pilger yegura.
Amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yabaye tariki ya 3 Ugushyingo 2020, amajwi yavuye muri leta zigize iki gihugu agaragaza ko Joe Biden ari we wayatsinze ku majwi 290, kuri 214 ya Donald Trump.



2 Responses
USA: Minisitiri w’Ubutabera yategetse ko hakorwa iperereza ku matora aheruka
Ubu ari iguhugu cya africa USA iba yakamejeje irimogufata nibihano ngo nta democratie
USA: Minisitiri w’Ubutabera yategetse ko hakorwa iperereza ku matora aheruka
Ubu ari iguhugu cya africa USA iba yakamejeje irimogufata nibihano ngo nta democratie