Inyeshyamba za ADF zongeye kwica abantu 6 muri Kivu y'Amajyaruguru

Sangiza iyi nkuru

Nk’uko bimenyerewe ko inyeshyamba za ADF/Nalu zikomoka muri Uganda zirara mu baturage mu gace ka Beni zikabica, kuri ubu zahitanye 6 mu giturage cya Kitevya giherereye mu birometero 8 uvuye i Beni muri Kivu y’Amajyaruguru.

Amisi Kalonda, umuyobozi muri aka gace yatangaje ko izi nyeshyamba zigabye muri aka gace ku wa 31 Ukwakira 2016, zica abantu 6 barimo abagabo 4 n’abagore 2 abandi bantu 2 barakomereka ntibapfa.

Aganira na Radio Okapi yagize ati: “Kugeza ubu dufite imibare y’abantu 6 bamaze gupfa n’abandi 2 bakomeretse, abo bantu bose ni abasivile”.

[ad id=”44145″]

Yakomeje avuga ko izi nyeshyamba zagabye igitero mu masaha y’ikigoroba ziturutse mu gace ka Kitevya agace katagaragaramo abasirikare ba Leta (FARDC).

Izi nyeshyamba kandi ngo zasize zisahuye imiti yose yari iri mu kigo nderabuzima cya Kitevya, zikagenda zinashimuta abantu zagiye zihurira nazo mu nzira.

Sosiyeti sivile muri aka gace ikaba itangaza ko ibabajwe cyane n’urupfu rw’aba baturage, by’umwihariko ikemeza ko ingabo za leta (FARDC) ifatanyije na Monusco batangiye guhiga izi nyeshyamba muri Kitevya mu mpera z’icyumweru gishize.

Inyeshyamba za ADF zagiye zivugwa cyane muri aka gace ka Beni, buri mwaka hagatangwa imibare y’abaturage zagiye zica zikoresheje intwaro za gakondo zirimo imihoro n’ibindi, ko zica abaturage impfu mbi zibatemaguye.

[ad id=”44145″]

Izi nyeshyamba kandi ziri ku zari zarashyizwe ku rutonde nk’imitwe yitwara gisirikare igomba kurimburwa muri RDC hamwe na FDLR, ubwo FARDC ifatanyije na Monusco bari bamaze kwishyira hamwe batsinda M23, ariko kugeza ubu iyi mitwe isa nk’iyananiranye.

K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *