Abarundi Imana yabaremye ibakunda kandi ni beza- Perezida Nkurunziza mu masengesho

Sangiza iyi nkuru

Ubwo bari mu masengesho y’umunsi umwe ahuza abayobozi batandukanye b’u Burundi, mu ijambo perezida Nkurunziza yahavugiye, yavuze ko kuva muri 2015 Imana yabakoreye ibitangaza ngo n’ubwo bwose bamwe hari ibyo bagaya ndetse ko Imana yabaremye ibakunda.
Yavuze ko u Burundi bwahuye n’ibibazo ariko ko Imana idakangwa n’ibibazo ko bibaho kugirango abantu bayikurikire kandi banayumvire, ati: “Naho abandi bose batugaya, twebwe turabizi neza ko Imana iri kumwe natwe”.
Yakomeje ashimira Imana ku byiza yabakoreye, ati: “Kandi tarayishimira kubyiza byose yadukoreye.ubushobozi bw’amasengesho butuma Imana ikora ikazana igisubizo Isi yose n’umwana w’umuntu atabasha kubona”.
[ad id=”44145″]

Muri aya masengesho yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Ugushyingo 2016, Petero Nkurunziza yahamagariye Abarundi gukora ibyiza, ko nabo bakoze mu byiza Imana yaremye, ikindi kandi ko abashaka kugira u Burundi bubi babihagarika.
Ati: “babihagarike kuko u Burundi n’Abarundi yabaremye ibakunda cyane, kandi ni beza”. Akaba yakomeje avuga ko nta kitagira iherezo.
Nk’uko uyu mukuru w’igihugu yabikomojeho ko kuva umwaka ushize u Burundi bwahuye n’ibibazo by’urudaca, benshi bagiye bemeza ko byakuruwe na we ubwe ndetse n’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi ryamutanze nku’umukandida kuri manda ya 3 bamwe batemeranyaho nawe.
[ad id=”44145″]

Muri izo mvururu zakuruwe n’iyo manda abantu babarirwa mu majana barishwe abandi barenga ibihumbi 25 bava mu byabo barahunga, ubu bakaba bakiri mu buhunzi mu bihugu bitandukanye.
Denise Nkurunziza, umufasha wa Perezida Nkurunziza yatangaje ko ibiba mu muryango wabo no ku gihugu baba barabyeretse mu masengesho bakora, akaba yarabivuze akomeje kuri coup d’Etat yari ikorewe umugabo we ku wa 13 Gicurasi 2015.
Uyu mufasha w’umukuru w’igihugu akaba yaratangaje ko coup d’Etat yabaye babizi, ko ubwo buhanuzi Imana yabucishije mu mwana wabo muto, arabibahishurira ndetse biranaba. Ibi yabitangaje mu masengesho ngarukamwaka yabaye muri Nzeli 2015.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *