Mu mpera z’Ukwakira nibwo byatangajwe ko Majoro Desire Uwamahoro, ofisiye muri polisi y’igihugu cy’u Burundi yatawe muri yombi ashinjwa ubujura akoresheje imbunda, aho bivugwa ko yashakaga kwambura ku ngufu abashoramari bari baje kugura zahabu.
1.Uyu Komiseri wa Polisi, Désiré Uwamahoro yavukiye mu gace gaherereye hafi y’umugezi wa Ninga, mu mudugudu wa 4 muri Komini Gihanga, intara ya Bubanza.
2.Désiré Uwamahoro yinjiye mu gipolisi cy’u Burundi nka ofisiye nyuma y’amasezerano yo guhagarika imirwano ndetse no guhuza ingabo zari zivuye mu ishyamba hamwe n’iza Leta yari iriho icyo gihe mu 2005.
[ad id=”44145″]
3.Ibyo ashinjwa by’ubwicanyi n’ibindi byaha byo guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Uwamahoro hagati ya 2006 na 2007 yoherejwe mu Ntara ya Muramvya. Muri iki gihe uyu mupolisi ashinjwa ko yishe abaturage benshi mu gace ka Rutegama na Mushikamo muri komini ya Kiganda.
Aba baturage bakaba barishwe bashinjwa gukorana n’ishyaka PALIPEHUTU-FNL, ryari rihanganye na Leta.
4.Kubera ubu bwicanyi ashinjwa, yaje gukatirwa n’urukiko rwisumbuye rwa Muramvya igifungo cy’imyaka 5 kiriho n’amande, mu 2008 nibwo Uwamahoro yazamuwe mu ntera n’umukuru w’igihugu agirwa Officier supérieur aho gutabwa muri yombi, icyo gihe n’uru rukiko rwahise ruhagarika ibyo kumukurikirana.
5.Amakuru yatangajwe na radiyoyacu VOA, ni uko uyu Desire Uwamahoro ashinjwa kwica Ernest Manirumva wahoze ari icyegera cy’umukuru w’ishyirahamwe OLUCOME rishinzwe kurwanya ruswa (ibiturire) i Burundi mu 2009.
Manirumva ngo akaba yarishwe azira iperereza yari ageze kure kuri za dosiye nyinshi zari zigendanye n’ibikorwa bya ruswa byavugwaga mu gipolisi cy’u Burundi, n’igurishwa ry’intwaro ridakurikije amategeko.
6.Uwamahoro yaje kugirwa umuyobozi mukuru w’icyitwaga Groupement Mobile d’Intervention Rapide (GMIR) muri zone y’Amajyepfo ya Bujumbura (Kanyosha), Désiré Uwamahoro ashinjwa kwica abaturage batavuga rumwe na CNDD FDD nabwo bari abayoboke ba Agathon Rwasa muri operasiyo yiswe Safisha.
7.Radiyo RPA, dukesha iyi nkuru kandi itangaza ko Uwamahoro anashinjwa ubwicanyi bwakorewe abaturage 39 i Gatumba, bari mu kabari kitwa “Les amis” hari mu ijoro ryo ku wa 18 Nzeli 2011.
[ad id=”44145″]
8.Mu 2013, Désiré Uwamahoro ngo yaje gutabwa muri yombi n’urwego rushinwe iperereza, amara ibyumweru 2 muri gereza ashinjwa kunyereza amafaranga yari yagurishijwe zahabu z’i Butihinda, kuva icyo gihe uyu mugabo ntabwo yongeye kwigaragaza cyane mu mirimo itandukanye.
9.Mu 2015, nibwo Uwamahoro yongeye kugaragara cyane mu mujyi i Bujumbura ubwo yari amaze gushingwa kuyobora abapolisi kabuhariwe bashinzwe guhangana n’abigaragambyaga bamagana manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza.

Akaba ashinjwa kuyobora abapolisi bagaragaye barasa amasasu y’urufaya mu kivunge cy’abaturage bigaragambyaga bamagana Nkurunziza, kuri manda ya 3 batavugaho rumwe.
Bitangazwa kandi ko uyu mwanya wo kuyobora aba bapolisi kabuhariwe Brigade Anti-Emeute (BAE) yawuhawe nyuma y’urupfu rwa Gen Adolphe Nshimiyimana wayoboraga urwego rw’iperereza ndetse wari unashinzwe umutekano bwite wa Nkurunziza.
[ad id=”44145″]
Uyu mwanya Uwamahoro ngo akaba yarawushyizweho na Komiseri wa polisi, Alain Guillaume Bunyoni hamwe Minisitiri w’umutekano w’igihugu imbere.
Tukiri muri uyu mwaka wa 2015, nyuma y’igitero cyagabwe ku wa 11 Ukuboza 2015, ku nkambi za gisirikare, Uwamahoro ashinjwa ubwicanyi bwakorewe abaturage b’abasivile mu gace ka Jabe na Nyakabiga, ubu bwicanyi bwahagurukije imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu n’agashami ka Loni.

10.Mu 2016, ku wa 29 Ukwakira 2016, nibwo Désiré Uwamahoro yatawe muri yombi n’ishami rya polisi rikorera mu biro by’umukuru w’igihugu, afatiwe mu cyuho ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bujumbura ashaka kwibisha imbunda amafaranga y’abashoramari bari bagiye kugura zahabu, abo bakire bakaba bakomoka muri Jordania ariko bagakorera ubucuruzi i Dubai.
Kuva uwo munsi afatwa, bitangazwa ko agifungiye mu biro bishinzwe iperereza mu Burundi. Bitangazwa kandi ko afatwa ari itegeko ryari ritanzwe na Perezida Nkurunziza w’u Burundi nk’uko byatangajwe na radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (rfi).
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


