Perezida Barack Obama wa Leta zunze ubumwe za Amerika usa nkaho imirimo ye yarangiye nka Perezida asize asabye ko abasirikare b’u Burundi bakomeye bari bafatiwe ibihano na USA, ibihano byabo byakongerwaho umwaka.
Mu itangazo USA yasohoye, isaba ko aba basirikare bashinjwa ubwicanyi n’irindi hohoterwa ryakorewe abaturage kuva muri Mata 2015 ubwo birirwaga bigaragambya bamagana manda ya 3 ya perezida Nkurunziza, ibihano byabo byagumaho ahubwo bikongerwaho umwaka ku gihe bari bafatiwe.
[ad id=”44145″]
Aba barundi 4 bagizwe n’abasirikare hamwe n’abapolisi ni Alain Guillaume Bunyoni akaba ari Minisitiri w’umutekano, Gen Cyrille Ndayirukiye ubu ufungiye i Burundi, Gen Godefroid Niyombare wari wagerageje coup d’Eta ubu akaba yarahunze ndetse na Bizimana Godefroid, umuyobozi wungirije umukuru wa polisi y’igihugu
Ibihano bari bafatiwe ni ukwamburwa uburenganzira bwo kuba bakorera ingendo izo ari zo zose ku butaka bwa Amerika kimwe no kwamburwa uburenganzira bwo kuhagira imitungo iyo ariyo yose.
[ad id=”44145″]
Perezida Barack Obama atangaje ibi mbere yo gusohoka muri White House hakinjira Donald Trump watsinze amatora, Perezida Nkurunziza akaba ari mu bakuru b’ibihugu bamwifurije(Trump) intsinzi mu ba mbere.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com


