Burundi: Abanyamakuru bashinjwaga gukorana n’amaradiyo akorera mu buhungiro mu Rwanda barekuwe

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi wa Radio Bonesha ifite icyicaro I Bujumbura, Leon Masengo n’uwari umutekinisiye w’iyi radio, Innocent Muryango barekuwe nyuma yo gutabwa muri yombi n’inzego z’u butasi bashinjwa gukorana n’amaradiyo akorera mu buhungiro mu Rwanda.

[ad id=”44145″]

Aba banyamakuru b’Abarundi bakaba bahaswe ibibazo bitandukanye ku isano iri hagati yabo na radio byavugwaga ko zikorera mu bwihisho i Kigali mu Rwanda, ari nayo mpamvu nyamukuru aba batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi z’u Burundi (SNR).

Nk’uko byatangajwe na SOS Medias Burundi, aba ngo batawe muri yombi ubwo bari barimo gukora inkuru ku bijyanye no kwitaba urukiko kwa Major Desire Uwamahoro wahoze akuriye umutwe w’igipolisi urwanya imyigaragambyo (Brigade Anti Emeute).

tumblr_oghc5pkol21vjtpado1_400
Leon Masengo, umuyobozi wa Radio Bonesha

[ad id=”44145″]

Masengo rero akaba yari yasanzwe ku biro by’umucamanza wo muri Bujumbura yari agiye kwaka amakuru y’igihe Desire Uwamahoro azashyikirizwa pariki.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *