Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, wasohoye icyegeranyo nyuma y’ubushakashatsi bw’imyaka ibiri wakoze, kigaragaza ko Leta y’u Burundi ikora iyicarubozo ku batavuga rumwe nayo, icyo bo bita ko ari ibimenyetso bya jenoside.
Aba bashakashatsi ba HRW bavuga kandi ko buri wese ucyekwaho gukorana n’abarwanya Leta, afatwa akagirirwa nabi n’ubutegetsi buriho mu Burundi.
[ad id=”44145″]
Iki cyegeranyo Leta yagiteye utwatsi ivuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa, ko abarwanya Leta bakoresha uyu muryango (HRW) bikaba intandaro yo kubogama.
Al Jazeela dukesha iyi nkuru ivuga ko Leta y’u Burundi ihakana iki cyegeranyo ishimangira ko ari uburyo bwo kotsa igitutu Leta y’u Burundi ngo ive ku butegetsi.
Will Nyamitwe, umujyanama muri perezidansi atangaza ko ibi byatangajwe n’iki kinyamakuru ari ibihuha, gukabya,…
[ad id=”44145″]
HRW ivuga ko ubwo bugizi bwa nabi bwatangiye muri Mata umwaka ushize nyuma yaho Nkurunziza atangarije ko agiye kwiyamamaza kuri manda ya 3.
Al Jazeera yongeye gusohora inkuru idahuzaho na leta y’u Burundi mu gihe hari hashize ukwezi kumwe nabwo itangaje ko iyi Leta y’u Burundi yanize itangazamakuru.
Ibi nabyo Willy Nyamitwe, yabihakanye avuga ko ibyo guta ku munigo itangazamakuru ari ibinyoma, agahamya ko n’abanyamakuru bahunze ari abafite uruhare bikeka mu ihungabanya ry’umutekano.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


