Kwizihiza Pasika ntibibe intandaro yo kwirara-Impanuro ya CP Kabera

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yifurije abaturarwanda Pasika nziza ariko abasaba kutirara kuko byaha icyuho ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

Ni ubutumwa yatangiye ku rubuga rwa Twitter, mu gihe kuri uyu wa 4 Mata 2021 bamwe mu bakristo bizihiza uyu munsi wibukirwaho izuka rya Yesu Kristo, umwami n’umukiza w’abamwizera.

CP Kabera yagize ati: “Pasika nziza ku bayizihiza! Twishimire uzuna k’umwana w’Imana ari nako dukomeza kuzirikana amabwiriza yo kwirinda koronavirusi. Kwizihiza Pasika ntibibe intandaro yo kwirara no kwandura Covid-19. Mugire umunsi mwiza!”

Imibare dukesha Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kugeza kuri uyu wa 3 Mata (umunsi ubanziriza uwa Pasika), abantu 22,243 bamaze kwandura Covid-19 mu Rwanda. Muri bo hapfuyemo 311, abarembye ni 6, abakize ni 20,472.

Abanduye ejo hashize ni 76 biganje mu turere tugize Intara y’Amajyepfo nka Nyanza, Huye na Nyaruguru. Abakize ni 74 mu gihe hapfuye umwe.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *