burundi.jpg

Amakuru y’abantu miliyoni 533 bakoresha Facebook barimo Abarundi 15,709 yaribwe

Sangiza iyi nkuru

Ikigo Hudson Rock gikora iperereza ku bajura bwifashisha ikoranabuhanga tariki ya 3 Mata 2021 cyatangaje ko abajura bashyize ku karubanda amakuru bwite y’abantu babarirwa muri miliyoni 533 bakoresha urubuga rwa Facebook.

Alon Gal ushinzwe ikoranabuganga muri iki kigo, yatangaje ko amakuru yibwe ari ay’abari mu bihugu 106, akaba arimo: nimero za telefone, nimero yihariye iranga nyiri konte ya Facebook (ID), amazina yombi ya nyiri konte, aho nyiri konte aherereye, itariki y’amavuko ya nyiri konte ndetse ngo hari n’abibwe za ‘emails’, byose bishyirwa ku karubanda, ku rubuga rw’abajura (hackers).

burundi.jpg

Iki kigo cyabashije gutahura ubu bujura muri Mutarama 2021, kivuga ko kitaramenya umuntu cyangwa abantu bashyize ku karubanda aya makuru yose y’abakoresha Facebook.

Icyakoze, Umuvugizi wa Facebook, yasobanuriye Bloomberg ko iki kibazo cyo kwibwa amakuru kw’abakoresha Facebook cyakemutse mu 2019, aya makuru yashyizwe ku karunda akaba ashaje. Ati: “Iki kibazo twarakibonye, tugikemura muri Kanama 2019.”

Si ubwa mbere amakuru y’abakoresha Facebook yibwe kuko mu 2018 na bwo byaratahuwe, ubwo ikigo cya Cambridge Analytica cyari kimaze igihe cyifashisha ay’ababarirwa muri miliyoni 87 ba nyirayo batabizi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *