Abatware (bayobora chefferies=sheferi) bo muri Teritwari ya Kalemie mu Ntara ya Tanganyika yo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, bandikiye Umukuru w’Igihugu Félix Tshisekedi bamumenyesha ko Guverineri Zoé Kabila uyoboye iyi ntara, ari kurema imitwe myinshi y’abahungabanya umutekano.
Nk’uko tubikesha 7 Sur 7, aba batware bamenyesheje Perezida Tshisekedi ko Zoé Kabila ari gushinga iyi mitwe mu duce twa Kabemba na Bendera muri iyi teritwari, afatanyije n’abo bakorana.
Mu rwandiko rwabo, bagize bati: “Zoé Kabila ari kurema imitwe y’abahungabanya umutekano mu duce twa Kabimba na Bendera. We n’abo bakorana ni bo bihishe inyuma y’iki gikorwa cyahungabanya umutekano w’intara, cyayishyira mu byago nk’ibyo mu ya Kivu y’Amajyaruguru.”
Iki gitangazamakuru cyavuganye na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere akaba n’umuvugizi w’Intara ya Tanganyika, Dieudonné Kamona, kimubaza kuri iki kirego abatware bashyize kuri Zoé Kabila, asubiza ko ari ibinyoma.
Kamona yagize ati: “Muri demukarasi tubonamo ibintu byinshi. Urabona umwuka uri mu ntara, hari abahimba byinshi.”
Yakomeje asobanura impamvu ibyo aba batware bamenyesheje Perezida Tshisekedi ari ibinyoma, aho avuga ko hari amazina y’abanditse kuri uru rwandiko atagira imikono, n’ay’abatari abatware aruriho. Yagize ati: “Icyo namenye ni uko muri bo hari abatashyizeho imikono kandi amazina yabo ariho. Hagaragaraho kandi n’abatari abatware.”
Bivugwa ko utu duce twa Kabimba na Bendera tumaze iminsi tugaragaramo ibikorwa by’umutekano muke.


