Abaturage batuye muri Komini Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke batewe ubwoba n’imirwano imaze igihe mu ishyamba rya Kibira, aho bavuga ko ari abitwaje intwaro bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda baba barwana n’ingabo za Leta.
Urubuga SOS rw’Abarundi ruvuga ko amakuru rwahawe n’abaturage ari uko saa cyenda z’igicamunsi cyo kuri uyu wa 22 Mata 2021, imodoka zarimo abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure zari zihetse intwaro ziremereye zagaragaye ku musozi wa Myavye, zinjira muri Kibira, hagamijwe guhiga aba barwanyi bashinzemo ibirindiro.
Abaturage bo muri Bukinanyana ngo bari bazi ko haraba imirwano ikaze hagati y’impande zombi, bamwe barara badasinziye, abandi bahunga ingo zabo, gusa nta mirwano yigeze iba nk’uko uru rubuga rwakomeje rubitangaza.
Abatuye muri Komini Mabayi na bo baherutse gutangaza ko guhera tariki ya 17 bumvise urusaku rw’imbunda muri Kibira, bavuga ko ari abarwanyi bavuga Ikinyarwanda baturukaga muri Bukinanyana bsanga bagenzi babo, barwanye n’ingabo z’u Burundi zari ku burinzi.
Imirwano yo muri rusange, yatangiye kuvugwa guhera mu mpera za Gashyantare 2021, ubwo aba barwanyi bashakaga gutera u Rwanda basubijwe inyuma na RDF, izigeza muri Kibira, ziraswaho n’ingabo z’u Burundi.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


