Machar yageze muri Ethiopia asabwa gusubira aho avuye cyangwa agashyikirizwa Salva Kiir

Sangiza iyi nkuru

Dr Riek Machar, umuyobozi w’umutwe wa SPLM-IO urwanya ubutegetsi bwa perezida Salva Kiir muri Sudani y’Epfo, yafatiwe ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Bole muri Ethiopia ahatirwa gufata indi ndege agasubira aho yari avuye i Johannesburg.

[ad id=”44145″]

Umwe mu bayobozi b’uyu mutwe utifuje ko amazina ye atangazwa, akaba yavuze ko umuyobozi mukuru wabo yari arimo kwerekeza ku birindiro bikuru bya SPLM-IO ahitwa Pagak hafi y’umupaka na Ethiopia.

Iyi nkuru dukesha Sudani Tribune iravuga ko Machar yafungiwe ku kibuga cy’indege kiri Addis Abeba amasaha ane n’igice mbere yo kugirwa inama yo guhitamo gufata indi ndege agasubira muri Afurika y’Epfo cyangwa akoherezwa muri Sudani y’Epfo ku ngufu.

Mu kwezi gushize kwa 10 nibwo Dr Riek Machar yavuye I Khartoum muri Sudani yerekeza muri Afurika y’Epfo agiye kwivuza. Akaba yari yageze muri Sudani aturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo aho yari yahungiye imirwano yongeye kwaduka muri iki gihugu muri Nyakanga hagati y’ingabo ze n’iza leta.

[ad id=”44145″][ad id=”44145″]

Amakuru amwe ari kuva mu gisirikare cya SPLM-IO agera kuri Sudan Tribune aravuga ko umuyobozi wabo ari mu mutekano ariko birinda kuvuga aho aherereye, bamwe mu bayobozi bakaba bavuga ko Machar yambutse akinjira muri Sudani y’Epfo mu gihe abandi bavuga ko yasubiye amahoro muri Afurika y’Epfo.

Aya makuru ariko yaje kwemezwa n’uhagarariye umutwe wa SPLM-IO muri Uganda, Thomas Magok Chuol, watangarije iki kinyamakuru ko Machar yasubiye muri Afurika y’Epfo.

Yagize ati: “Nibyo ni ukuri Dr Riek Machar yabwiwe akigera muri Ethiopia gusubira muri Afurika y’Epfo. Ntiharamenyekana impamvu y’icyo cyemezo”.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *