Ikinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda kiratangaza ko kiri gukurikirana amakuru y’abapolisi babiri biciwe kuri station ya Polisi ya Nalufenya muri Jinja.
[ad id=”44145″]
Amakuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri akaba avuga ko abapolisi babiri baraye barashwe mu ijoro ryakeye na bagenzi babo bo mu mutwe wa polisi ushinzwe kurwanya iterabwoba.
Iki kinyamakuru kikaba kivuga ko uyu mutwe ari wo wari ushinzwe kurinda iyi station ya polisi yari yarabaye aho bafungira.
Umupolisi utemerewe kuvugana n’itangazamakuru akaba yahishuriye iki kinyamakuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ko abo bapolisi babiri barashwe nyuma yo kugirana ubwumvikane bucye n’abapolisi bashinzwe umutekano w’iyi station ya polisi.
Ubwo cyamubazaga aya makuru, umuvugizi w’igipolisi mu karere, Sam Lubega, yemeje aya makuru avuga ko koko kurasa kwabaye mu ijoro ryakeye.
[ad id=”44145″]
Lubega akaba yavuze ko abapolisi bapfuye ari Godfrey Wafula ufite numero imuranga 61697, na simon Niwamanya ufite numero 48617.
Uyu muvugizi yakomeje avuga ko abapolissi bishwe batashye mu masaha akuze arenze ku masaha bategetswe kuba bageze mu kigo, bahagarikirwa ku marembo.
Babujijwe kwinjira, bahitamo guca indi nzira ngo binjire mu kigo, nabwo barongera barahagarikwa nk’uko Lubega yakomeje avuga mbere yo kongeraho ko hahise havuka ubushyamirane abo bapolisi bakaraswa na bagenzi babo.
[ad id=”44145″]
Nk’uko Lubega yakomeje avuga, abayobozi b’igipolisi ngo bageze ahabereye ibi bintu batangira iperereza, yongeraho ko abapolisi barashe batarafungwa kuko ngo bizeye ko batarashe bagenzi babo babigambiriye ahubwo byari impanuka.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


