Abaperezida 2 bemeje kujya gushyingura Castro undi asubika kwiyamamaza abanza kumwunamira

Sangiza iyi nkuru

Abakuru b’ibihugu babiri muri Afurika bamaze kwemeza kwitabira umuhango wo gushyingura Fidel Castro wahoze ari perezida wa Cuba, mu gihe undi muyobozi yahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza mu rwego rwo kunamira nyakwigendera.

[ad id=”44145″]

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yemeje ko perezida Jacob Zuma, utorohewe muri iyi minsi mu gihugu cye, azitabira umuhango wo gusezera bwa nyuma Fidel Castro mu murwa mukuru wa Cuba, Havana, mu gihe perezida Mugabe wa Zimbabwe we yaraye ahagurutse I Harare yerekeza muri Cuba ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.

Ibihugu bya Zimbabwe na Cuba ni ibihugu bifitanye umubano mwiza wavutse mu gihe cyo guharanira ubwigenge muri Zimbabwe, aho bivugwa ko Cuba yateraga inkunga ya moral, ibikoresho ndetse n’abasirikare mu gufasha abaharaniraga kwibohora ba mpatsibihugu muri Zimbabwe.

Nyuma yo kwibohora, Cuba iyobowe na Fidel castro yakomeje kugira uruhare mu kwigisha abarimu bo muri Zimbabwe ubumenyi n’imibare bagombaga kwifashisha mu burezi bushya. Gahunda yo kwigisha aba barium ba Zimbabwe ikaba igikomeje kugeza uyu munsi muri kaminuza y’ubumenyi mu burezi izwi nka Bindura University.

Afurika y’Epfo ku rundi ruhande yemeje ko perezida Zuma azaba ari Havana mu muhango wo gusezera bwa nyuma Castro, ndetse amabendera ya Afurika y’Epfo guhera kuri uyu wa kabiri akaba azamurwa kugeza mu cya kabiri kugeza kuwa 04 Ukuboza mu rwego rwo kunamira nyakwigendera wabaye intwari y’icyitegerezo ku banyafurika benshi batemera kuba insina ngufi.

[ad id=”44145″]

Nyuma y’aho Afurika y’Epfo iboneye ubwigenge mu 1994, Cuba na Afurika y’Epfo ku buyobozi bwa Castro na Mandela, byubatse ubucuti bukomeye, ndetse Cuba ikaba yari yarabanje kujya yamagana ivanguramoko ryo muri Afurika y’Epfo ku mugaragaro.

Naho mu gihugu cya Gambia, perezida Yahya jammeh witegura amatora kuri uyu wa kane, yasubitse ibikorwa byo kwiyamamaza mu rwego rwo kugaragaza icyubahiro aha Fidel Castro nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru wa BBC uri gukurikirana aya matora yo muri Gambia.

95863447_fidel_castro_who_claims_that_he_will_die_soon-xlarge_transeo_i_u9apj8ruoebjoaht0k9u7hhrjvuo-zlengruma
Fidel Castro yatabarutse ageze mu zabukuru ku myaka 90

Muri tweet yatambukije, uyu munyamakuru, Umaru Fofana akaba yagize ati: “Perezida Yahya Jammeh yasubitse kwiyamamariza ubuperezida ngo yunamire Fidel Castro, minisitiri w’itangazamakuru yabimbwiye.”

[ad id=”44145″]

Perezida Jammeh wagiye ku butegetsi mu 1994, avugwaho kuba yari afitanye ubucuti na Fidel Castro, ndetse Cuba ikaba ari imwe mu bihugu bya mbere byatangije umubano ushingiye kuri za ambasade na gambia nyuma y’aho Yahya Jammeh afatiye ubutegetsi ahiritse perezida wari uriho.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *