Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry kuri uyu wa 9 Kamena 2021 yatangaje ko ibimenyetso byafashwe birimo amashusho ya ‘camera’ bigaragaza ko umunyamategeko w’Umunyamulenge, Me Bukuru Ntwali yiyahuye.
Dr Murangira mu kiganiro yagiriye ku televiziyo y’igihugu, yagize ati: “Twebwe ibyo twagenje nk’urwego rw’ubugenzacyaha, ruragaragaza neza ko yiyahuye. Footage (amashusho) za camera z’igihe yinjiriye n’ukuntu yaje arinjira, arazamuka muri etage, ageze hejuru arinaga. Ibyo ngibyo nta doute (gushidikanya) irimo.”
Ubwo byamenyekanaga ko Me Ntwali yapfuye, hari abatangaje ko ashobora kuba yishwe, bamwe bavuga ko urupfu rwe rusa n’urw’undi Munyamulenge witwa Nsabigaba Jean Paul (Danny) wasanzwe amanitse ku cyuma mu kibuga cy’umupira w’amaguru mu Karere ka Busegera, yapfuye muri Werurwe 2021.
Dr Murangira yagize ati: “Ku rundi ruhande rero, hari abantu baprofise iki kintu cyabaye, batangira kubidramatiza , bavuga ngo yarishwe. Babyasosiya n’izindi incindents zabaye z’abantu biyahuye, nabyo bikagaragara ko yiyahuye…”
Uyu Muvugizi wa RIB yagaragaje ko aba batangaje ko Me Bukuru yishwe n’abavuze ko urupfu rwe ruhura n’aba bantu biyahuye, nta kuri bashingiragaho.
Me Bukuru Ntwali yapfuye tariki ya 2 Kamena 2021 ubwo yasimbukaga igorofa rya kane ku nyubako y’ishyirahamwe Inkundamahoro iherereye muri Nyabugogo, mu mujyi wa Kigali. Impamvu yabimuteye ntabwo iramenyekana.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


