Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Bufaransa agiye kwegura

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bufaransa, General François Lecointre aherutse gutangaza ko tariki ya 21 Nyakanga 2021 azegura kuri izi nshingano, mu rwego rwo kwirinda kuvugwa muri politiki kandi akiri umusirikare mukuru.

Gen. Lecointre mu kiganiro Le Grand Jury yagiriye kuri radiyo na televiziyo RTL tariki ya 13 Kamena 2021, yagize ati: “Nasabye Perezida wa Repubulika ko yandeka nkagenda tariki ya 21 Nyakanga 2021, ubwo nzaba nujuje imyaka 4. Ni mu rwego rwo kwirinda ko inshingano y’Umugaba Mukuru w’ingabo yavugwa muri politiki.”

Ibitangazamakuru nka Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, na Le Monde bivuga ko haba hari impamvu zitandukanye bikekwa ko zatumye Gen. Lecointre atangaza ubwegure bwe.

Muri zo haravugwamo kuba ngo yaba ateganya kugira uruhare mu bikorwa byo kwiyamamariza amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Mata 2022.

Gen. Lecointre yanahishuye ko iyi ari yo mpamvu yatumye atangaza ubwegure bwe, ati: “Iyo uketsweho ko gukorera umuryango wa politiki, uba uteza urujijo mu bwigenge bw’igisirikare. (…) Tugomba kwirinda ko hari uwakeka ko Umugaba Mukuru yahawe inshingano ku mpamvu za politiki.”

Biravugwa ko kandi hari ubwo uyu musirikare mukuru yarashyizweho igitutu na Guverinoma y’u Bufaransa ngo afatire ibihano abasirikare bakuru bahoze mu ngabo z’igihugu, baherutse gusohora inyandiko muri Mata 2021, imenyesha Perezida Emmanuel Macron ko bashobora kumweguza.

Aba basirikare biganjemo ba ‘Generals’ bandikiye uyu Mukuru w’Igihugu bamusaba gufatira ingamba abakora urugomo begamiye ku idini ya Isilamu, bitaba ibyo bakazamweguza. Ni urwandiko rwateye impagarara muri politiki y’u Bufaransa, rwamaganwe na bamwe mu bagize Guverinoma ariko rushyigikirwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa byemeje ubwegure bwa Gen. Lecointre, bitangaza ko azasimburwa n’Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Thierry Burkhard.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *