fb_img_16243636252866695.jpg

Abarwanyi barenga 100 barimo aba FDLR n’abo bakorana, barambitse intwaro

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi barenga 100 b’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Teritwari ya Masisi na Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo barimo ab’umutwe wa FDLR-FOCA urwanya Leta y’u Rwanda, barambitse intwaro.

Nk’uko igisirikare cy’iki gihugu cyabitangaje, aba barwanyi bituye kuri Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt. Gen. Constant Ndima Kongba, bamushyikiriza ku mugaragaro n’intwaro 73 bari bafite zirimo Ak-47, mashinigani (machine gun) na RPG.

Umuhango wo kwakira aba barwanyi n’intwaro bari bafite, wabereye ku kibuga kiri mu gace ka Kitchanga gahuza Teritwari ya Masisi na Rutshuru, mu bilometero bigera ku 120 uvuye mu mujyi wa Goma.
fb_img_16243636252866695.jpg

Abandi barwanyi barambitse intwaro barimo aba: Nyatura CMC (Collectif des Mouvements pour le Changement), umutwe abashakashatsi barimo aba Kivu Security Tracker bemeza ko ukorana na FDLR-Foca, Nyatura Bazungu na APCLS (Alliance des Patriotes pour un Congo Libre et Souverain); gusa ntabwo umubare wa buri ruhande watangajwe.

Iki gikorwa ni kimwe mu by’ingenzi ingabo za RDC zikomeje kugeraho kuva ibihe bidasanzwe Intara ya Kivu y’Amajyaruguru yashyizwemo byatangira tariki ya 6 Gicurasi 2021.

Muri ibi bihe, izi ngabo zikora ibikorwa bya gisirikare birimo kugaba ibitero ku birindiro by’imitwe yitwaje intwaro, ari nako ubuyobozi bw’intara bukora ubukangurambaga bwo gusaba abarwanyi babyifuza ko barambika intwaro, bagasubira mu buzima bisanzwe.

Bisobanuye ko abarwanyi barambitse intwaro mu bihe byatambutse, aba bazirambitse, kimwe n’abashobora kuzirambika mu bihe biri imbere, bazafashwa gusubira mu buzima busanzwe nk’uko Leta ibibasezeranya.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *