Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa kuri uyu wa 2 Nyakanga 2021 yashyizeho umusimbura ku nshingano y’Umukuru w’Igihugu mu buryo bw’agateganyo.
Uwo yahaye iyi nshingano ni Angie Motshekga usanzwe ari Minisitiri w’Uburezi bw’Ibanze nk’uko itangazo ryasohowe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu ribivuga. Rigira riti: “Perezida Cyril Ramaphosa yashyize Minisitiri w’Uburezi bw’Ibanze, Madamu Angie Motshekga ku nshingano ya Perezida w’agateganyo kuri uyu wa 2 Nyakanga 2021.”
Ibi biro bivuga ko impamvu Perezida Ramaphosa yashyizeho umusimbura ari uko arajya mu ruzinduko muri Zambia, aho araba yitabiriye umuhango wo gushyingura Kenneth Kaunda wabaye Perezida wa mbere wa Zambia, uherutse gupfa.
Hashingiwe ku biteganywa n’amategeko, Perezida Ramaphosa yagombaga gusimburwa by’agateganyo na Visi Perezida David Mabuza, gusa ntibyashoboka kuko ari kuvurirwa mu Burusiya.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


