Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Haïti, Leon Charles kuri uyu wa 7 Nyakanga 2021 yatangaje ko abakomando bane bari mu gatsiko kishe Umukuru w’Igihugu, Jovenel Moïse, nabo bishwe barashwe.
Inkuru y’urupfu rwa Perezida Moïse yamenyekanye ku manywa y’ejo, ibiro bya Minisitiri w’Intebe bivuga ko yishwe n’agatsiko k’abagizi ba nabi bataramenyekana, barimo abavuga ururimi rwa Espagnol.
Muri icyo gitero cyagabwe mu rugo rwe bwite ruherereye mu mujyi wa Port-au-Pierre, Perezida Moïse yararashwe arapfa, umufasha we Martine Moïse na we araraswa ariko ntiyapfa.
Leon Charles mu nkuru dukesha Sky News, yavuze ko ubwo aba bakomando bari bamaze kwica Umukuru w’Igihugu no gukomeretsa umufasha we, bahise batoroka.
Ubwo batorokaga, Charles yavuze ko abashinzwe umutekano babategeye mu muhanda, bararasana. Ati: “Twabategeye mu muhanda ubwo bavaga aho bagabye igitero. Ubwo twahanganye.”
Muri uku guhangana, byarangiye aba bakomando bane bishwe, abandi babiri bafatwa mpiri. Charles avuga ko n’abandi barakomeza gushakishwa, bicwe cyangwa se bagezwe imbere y’ubutabera.
Jovenel Moïse yayoboraga Haïti kuva mu 2017.


