Umugore w’uwari Perezida wa Haïti yavuze abihishe inyuma y’urupfu rw’umugabo we

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa nyakwigendera Jovenel Moïse wari Perezida wa Repubulika ya Haïti, Martine Moïse ku nshuro ya mbere yavuze ababa bihishe inyuma y’igitero bagabweho, cyiciwemo umugabo we mu rukerera rwa tariki ya 7 Nyakanga 2021.

Martine uri kuvurirwa ibikomere by’amasasu mu bitaro biri muri leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa 10 Nyakanga 2021 yabanje gusobanura uko we n’umugabo we bagabweho igitero ubwo bari mu rugo rwabo bwite, mu mujyi wa Porte-au-Prince. Ati: “Abacancuro baraje, bicisha umugabo wanjye amasasu.”

Yavuze ko abanyapolitiki batavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Moïse ari bo bahaye ikiraka aba bacancuro kugira ngo barogoye umugambi yari afite wo kuzamura urwego rw’ubukungu n’urwa politiki muri Haïti.

Nk’uko tubikesha Reuters, Martine yasobanuye ati: “Aba bantu bahaye ikiraka abacancuro kugira ngo bice Perezida n’umuryango we kubera imishinga yari afite y’imihanda, amashanyarazi, gukwirakwiza amazi yo kunywa, gutegura kamarampaka n’amatora…”

Polisi ya Haïti yatangaje ko abishe Perezida Moïse ari abakomando b’abacancuro 28 barimo 26 bakomoka muri Colombia na 2 bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. 17 muri bo barafashwe, 4 baricwa, abandi ntibarafatwa.


Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umugore w’uwari Perezida wa Haïti yavuze abihishe inyuma y’urupfu rw’umugabo we
    Abishe perezida nabo bazabiryozwe!Uriya Ni umuco wakinyamaswa!like

  2. Umugore w’uwari Perezida wa Haïti yavuze abihishe inyuma y’urupfu rw’umugabo we
    Abishe perezida nabo bazabiryozwe!Uriya Ni umuco wakinyamaswa!like

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *