RED Tabara yahakanye ibyo kwifatanya n’imitwe irimo Gumino na Twirwaneho

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara urwanya Leta y’u Burundi wahakanye ibyo kwifatanya n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu misozi ya Minembwe, Teritwari ya Fizi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC).

Ni nyuma y’itangazo Umuvugizi w’Ingabo za RDC, Gen. Maj. Léon-Richard Kasonga yashyize hanze tariki ya 12 Nyakanga 2021, ryamagana ibitero by’imitwe yitwaje intwaro yihurije mu cyitwa MFRD, yavuze ko iterwa ingabo mu bitugu na RED-Tabara hamwe na FNL nayo ikomoka mu Burundi.

Imitwe yihurije muri MFRD nk’uko bigaragara muri iri tangazo ni uwitwa ‘Makanika’, Twirwaneho, Gumino na Android.

Itangazo rya Gen. Kasonga ryateye bamwe kwibaza mu gihe raporo n’inkuru zitandukanye byari bimaze igihe bivuga ko RED-Tabara na FNL isanzwe ihangana n’iyi mitwe yitwaje intwaro yiganjemo abo mu bwoko bw’Abanyamulenge.

RED-Tabara muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wayo, Patrick Nahimana kuri uyu wa 15 Nyakanga 2021, yabisobanuye iti: “RED-Tabara ntaho ihuriye n’iri huriro, nta n’ubufatanye yigeze igirana naryo, ahubwo irwana naryo mu buryo bweruye. Byumvikane rero ko RED-Tabara itakwifatanya n’umutwe uyirwanya, bihora bihanganye.”

Mu itangazo Gen. Kasonga yasohoye, yavuze ko RED-Tabara yifatanya n’iri huriro mu kugaba ibitero ku basivili no ku birindiro by’ingabo za Leta. Nabyo uyu mutwe wabihakanye, uvuga ko utazigera unabikora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *