Umudepite wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) witwa Daniel Mbau arasaba guverinoma ko yashyiraho ibiciro by’inkwano bidahinduka kandi bidahanitse.
Depite uhagarariye ishyaka MLC mu Nteko Ishinga Amategeko ku wa 17 Nyakanga 2021 yaganiriye na 7SUR7, avuga ko yifuza ko inkwano ku mukobwa wo mu mujyi itarenga amadolari ya Amerika 500, naho ku wo mu cyaro ntarenge $200.
Yagize ati: “Turi gutegura umushinga wo kuvugurura itegeko ryerekeye umuryango. Rijyanye n’ibibazo by’urushako, gushaka abagore benshi n’umurage. Rizashyiraho amafaranga y’inkwano atarenze $500 mu mijyi na $200 mu byaro.”
Iki gitangazamakuru kivuga ko inkwano muri RDC ibarirwa hagati ya $2000 na $2,500. Yemezwa nyuma y’ibiganiro hagati y’umuryango w’umusore n’umukobwa, nk’uko bisanzwe bigenda no mu bindi bihugu.


