Masisi: Abarwanyi barenga 100 barambitse intwaro

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi barenga 100 b’umutwe witwaje intwaro wa APCLS bakoreraga muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo barambitse intwaro, bemera gusubira mu buzima busanzwe.

Umuhango wo kwakira aba barwanyi wabereye ku biro bya Teritwari ya Masisi kuri uyu wa 22 Nyakanga 2021 kiyobowe na Brig. Gen. Mwehu Lumbu uyoboye akarere ka operasiyo Masisi iherereyemo, nk’uko byatangajwe na Actualité.

Uwita Gen. Paul Meheshe wari uhagarariye aba barwanyi yatangaje ko bemeye kurambika intwaro mu rwego rwo kwitaba ijwi ryabibahamagariye muri iki gihe Kivu y’Amajyaruguru iri mu bihe bidasanzwe.

Gen. Meheshe yagize ati: “Twemeye kurambika intwaro twumvira ijwi ry’Umukuru w’Igihugu. Turashaka kugira uruhare mu kugarura amahoro mu gihugu, by’umwihariko muri Teritwari yacu ya Masisi. Turasaba n’abandi kuza, tugafatanya kubaka igihugu.”

Yasabye umuyobozi wa APCLS witwa Janvier Karairi ko na we yakwemera kurambika intwaro, kuko nta buzima buri mu mashyamba.

Muri ibi bihe byatangiye tariki ya 6 Gicurasi 2021, ingabo za Leta zikora ibikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ariko ku bufatanye n’ubuyobozi bw’intara, zinasaba ababyifuza ko bazirambika, bagafashwa gusubira mu buzima busanzwe.

Aba barwanyi bashyikirije igisirikare cya Leta intwaro 40 ziganjemo iz’ubwoko bwa AK-47.


Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *