Leta y’u Rwanda kuri uyu wa 30 Nyakanga 2021 yashyirikije iy’u Burundi abarwanyi 19 ingabo zayo zafatiye mu ishyamba rya Nyungwe tariki ya 29 Nzeri 2020.
Iki gikorwa cyebereye ku mupaka wa Gasenyi-Nemba, kiyobowe n’umuyobozi w’urwego rw’iperereza rya gisirikare mu Rwanda, Brig. Gen. Vincent Nyakarundi na mugenzi we wo mu Burundi, Col. Ernest Musaba wakiriye aba barwanyi.
Aba barwanyi bavuga ko ari ab’umutwe witwaje intwaro wa RED-Tabara urwanya Leta y’u Burundi, bafashwe ubwo bahungaga imirwano n’ingabo z’u Burundi mu ishyamba rya Kibira rifatanye na Nyungwe.
The New Times ivuga ko kuri uyu mupaka, harabera n’inama ihuza abasirikare bakuru b’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) hamwe n’intumwa z’Umuryango w’Abibumbye, UN.





