Abarwanyi barindwi (7) bari barafashwe mpiri b’umutwe witwaje intwaro wa CODECO ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) basimbutse imodoka y’igisirikare yari ibatwaye, baracika.
Igitangazamakuru Actualité kivuga ko byabereye kuri masangano y’imihanda ya Capa ubwo bajyanwaga muri gereza nkuru ya Bunia kugira ngo bafungirwemo, mu gihe bagikurikiranwa n’ubushinjacyaha bwa gisirikare ku rwego rw’intara.
Umuyobozi wa gereza ya Bunia, Maj. Camille Nzonzi wemeje aya makuru avuga ko mu barwanyi bacitse nta n’umwe urafatwa. Bose baracyashakishwa n’inzego zishinzwe umutekano.
Aba barwanyi bafatiwe muri Teritwari ya Djugu mu bitero ingabo z’igihugu zikomeje ku mitwe yanze kurambika intwaro, bashyikirizwa ubutabera bwa gisirikare.


